imfura kamikazi şarkı sözleri
Kaze neza kamikazi keza kandi kuje ituze
Uzira ibizazane za uzanye amahoro
Uw'amatama atemba itoto atoshye kandi anywa amata
Uteye neza nseko yisa usumbye igisabo
Usumbye isata ntawe musa, urisa ntaho usebye
Mbese nsanga nta mususu singutinya uri agasaro
Kuko unoze nk'inono
N'ubwiza ishyano
Hundwa imyato iteka
Aho utekanye ituzee, hazira umuze
Humura ntumbabaza
Kuri nge uri agakiza
Uri umuti unkiza
Rwose uranyuzuza
Nzobe nziza uri inganizi
Sinakubabaza yoo oh
Uh uh uuuuh
Uh uh uuuuh, sinakubabaza yoo oh
Uh uh uuuuh
Uh uh uuuuh, yoo oh
Uh uh uuuuh, yoo
Uh uh uuuuh, sinakubabaza yoo oh
Uh uh uuuuh
Uh uh uuuuh
Uranzonga nkazunga muzunga nkazana ubuzongwe nzenguruka nkusanga
Nzobe izonga inzobere za bazanga ziza zizanye inzigo ntiziziko nzakwegukana bitijwanwa
Gatoma, gatako gatatse umutima ugaterana ituze aho uteretse neza, nta wundi nzatuza aha
Uwo oh
Nsabye umusanzu nsusurutsa unsange, unsasire inseko dusabyanye imisaya
Uwo oh
Umbyarire abana ibibondo bitambe tubane burundu buzira ubushwane
Nyakumbyarira
Ubyanze narira
Nyakumbyarira
Ubyanze narira
Humura ntumbabaza
Kuri nge uri agakiza
Uri umuti unkiza
Rwose uranyuzuza
Nzobe nziza uri inganizi
Sinakubabaza yoo oh
Uh uh uuuuh
Uh uh uuuuh, sinakubabaza yoo oh
Uh uh uuuuh
Uh uh uuuuh, yoo oh
Uh uh uuuuh, yoo
Uh uh uuuuh, sinakubabaza yoo oh
Uh uh uuuuh
Uh uh uuuuh